Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, yanenze bikomeye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump,
ku magambo yavuze avuga ko abasirikare b’u Bwongereza n’abandi ba NATO bari baragiye muri Afghanistan “batari ku murongo w’imbere y’intambara”. Starmer yavuze ko ayo magambo ari ugutesha agaciro kandi ababaje cyane, ndetse ko Trump akwiriye gusaba imbabazi.
Trump yari yabivugiye mu kiganiro kuri Fox News , avuga ko abasirikare ba NATO “bagumye inyuma y’imirongo y’urugamba”. Ibi byateje uburakari bukomeye mu Bwongereza no mu bindi bihugu bya NATO.
Abanyapolitiki batandukanye barimo Kemi Badenoch , Nigel Farage na Ed Davey bose bavuze ko ibyo Trump yavuze ari ibinyoma kandi bitesha agaciro abasirikare.
Starmer yibukije ko hari abasirikare 457 b’u Bwongereza bapfiriye muri Afghanistan, avuga ko bagaragaje ubutwari n’ubwitange bukomeye. Yavuze ko amagambo ya Trump yakomerekeje imiryango y’abapfushije n’abakomeretse muri iyo ntambara.
Abahoze ari abasirikare barimo Prince Harry, wagiye mu rugamba inshuro ebyiri muri Afghanistan, na Ben Parkinson wakomerekeye cyane mu ntambara, bavuze ko ayo magambo ari agasuzuguro gakabije ku bwitange n’imibabaro by’imiryango y’abarwanye iyo ntambara.
mu bindi bihugu, harimo Pologne na Danemark, abayobozi banenze Trump bavuga ko nta muntu ufite uburenganzira bwo gusebya igitambo cy’abasirikare.
Nubwo Starmer yashimangiye ko u Bwongereza bukomeje kugirana umubano mwiza na Amerika, yavuze ko atashobora kurebera amagambo asebya abasirikare b’igihugu cye.